Igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ndetse n’u Rwanda byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere ry’ubukungu mbere yo gusinyana amasezerano manini ahagarariwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Aya masezerano yasinyiwe i Washington DC muri Amerika aho intumwa z’ibihugu byombi zari zimaze igihe zigirana ibiganiro. Ni ibiganiro byanitabiriwe n’intumwa z’ibihugu bya Togo, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Qatar.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yatangaje ko umuhango wo gusinya ku mushinga w’aya masezerano wakurikiwe n’Umunyamabanga ushinzwe ibikorwa bya politiki, Alison Hooker, n’Umujyanama wa Perezida Donald Trump ushinzwe ibibazo bya Afurika, Massad Boulos.
Ingingo zikubiye muri aya masezerano zirimo ubufatanye mu rwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusizi III, ubufatanye mu bucuruzi, kubaka ibikorwaremezo byo ku mipaka, guteza imbere urwego rw’ubuzima no kubungabunga pariki.
Washington ivuga ko aya masezerano nashyirwaho umukono, azafasha u Rwanda na RDC gutera imbere mu bukungu, areme amahirwe y’ishoramari, Abanyarwanda n’Abanye-Congo babonemo inyungu zitaziguye kandi amahoro aboneke mu karere.
Nk’uko yabitangaje, umusaruro w’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu uzashingira ku ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba z’umutekano zirimo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’indi mitwe iwushamikiyeho ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi.
Ku ngamba z’umutekano, abitabiriye iyi nama bagaragaje ko kuzishyira mu bikorwa bitari kwihuta, bemeranya ko imbaraga zikwiye kongerwa hashingiwe ku masezerano y’amahoro ya Washington.
U Rwanda, RDC n’abahuza bemeranyije ko kwibasirana mu buryo bwa politiki cyangwa amagambo y’ubushotoranyi bishobora kubangamira ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Washington, bityo ko impande zombi zikwiye kubyirinda.
Umushinga w’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu wari gushyirwaho umukono tariki ya 3 Ukwakira 2025, ariko icyo gihe Perezida wa RDC yarabyanze, agaragaza ko ingingo zirebana n’umutekano zigomba kubanza kubahirizwa.