Mu ijoro rya kereye ryo kuri uyu wa Kabiri wa tariki 19 Ugushyingo 2025, inyeshyamba za AFC / M23 zafashe imidugudu ya Kasheke na Bituna mu Murenge wa Osso Banyungu muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru.
Umutwe wa M23 wabigezeho nyuma yo gutsinda umutwe wa Wazalendo Ukorana n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo(FARDC) mu mirwano ikaze.
Amakauru avuga ko ubu inyeshyamba zigaruriye inkambi zose zatawe na Wazalendo i Kasheke na Bituna. Inyeshyamba za Wazalendo zasubiye inyuma zerekeza i Kautu, aho bahuriye n’ingabo za leta.
Abatuye muri iyo midugudu bahungiye mu midugudu yo muri Gurupoma ya Waloa Yungu, muri Teritwari ya Walikale. Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, bivugwa ko hagaragara umutuzo ku murongo w’imbere w’urugamba, nk’uko amakuru akomeza abitangaza.
Ibi biri kuba mu gihe i Doha muri Qatar ndetse no muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika hari ibiganiro biri kujya mbere mu rwego rwo gusinya amasezerano y’amahoro bigamije kugarura umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Congo.
Kuri uyu wa Gatandatu wa tariki 15 Ugushyingo 2025, i Doha muri Qatar ni bwo kandi habaye igikorwa cyo gushyira umukono ku miterere-remezo y’amasezerano y’amahoro yo kurangiza intambara yo mu Burasirazuba bwa Repbulika ya Demokarasi ya Congo hagati ya leta y’iki gihugu n’umutwe wa M23.