Abakoresha urubuga rwa Tik Tok mu gihugu cya Kenya barashaka kubaka ibitaro muri iki gihugu bizaba bitanga serivisi ku buntu binavura indwara zitandukanye zirimo na kanseri.
Ni ibitaro byahawe izina rya ‘TikTok Community Hospital’ igitekerezo kikaba cyaratangiye bisa nk’aho ari urwenya ariko gake gake abakomeye ku rubuga rwa Tik Tok muri Kenya bagenda bashyigikira iki gitekerezo ari menshi nubwo kugeza ubu nta gikorwa cyo gutangira iki gikorwa kirashyirwa mu bikorwa mu buryo bugaragara.
Uyu mushinga uteganyijwe gukoresha miliyari nyinshi, biteganyijwe ko abarwayi bazajya bitabwaho ku buntu, amafaranga yo kuritunga akazava mu bwitange bw’Abanyakenya bakoresha TikTok ndetse n’abafite umutima wo gufasha.
Nubwo nta gikorwa gifatika kiratangizwa cyangwa ngo hatangizwe ku mugaragaro ubukangurambaga bwo gukusanya inkunga, TikTok imaze kuzura amashusho menshi, ibishushanyo byakozwe n’ubwenge bw’ubukorano (AI) byerekana ivuriro ndetse n’ubutumwa bw’abahanzi bashyigikira iki gitekerezo.
Abakoresha TikTok barasaba Abanyakenya bagera kuri miliyoni 10 bakoresha uru rubuga “gukora ibyo guverinoma itabashije gukora” no “kuzana icyizere aho inzego za leta zatsinzwe.”
Hari n’abatanze igitekerezo ko buri ukoresha TikTok yatanga ama-Shilingi 100 gusa, ahahita hakusanywa miliyari imwe y’amashilingi, ikaba yaba ihagije mu kubaka iryo vuriro.
Iyi gahunda iri kwihutishwa n’uburakari bw’abaturage ku giciro gihanitse cy’ubuvuzi, kubura imiti, imirimo y’abaganga yahagaritswe igihe kirekire, imikorere mibi mu nzego z’ubuzima n’umurava usanzwe w’abakoresha TikTok.
Ariko nubwo igitekerezo gishobora kumvikana nk’icyumvikana, hari imbogamizi nyinshi zirimo ibiciro byo kubaka, ubushake bw’Abanyakenya, imicungire, uburyo bwo gutanga serivisi n’inzitizi za leta.
Abenshi bemera ko gukusanya miliyari y’amashilingi, cyangwa n’igitonyanga cy’ijana cya miliyoni, bitazoroha.
Abandi bagereranyije iki gikorwa n’ubukangurambaga bwatangijwe na Hanifa Adan mu gihe cy’imyigaragambyo ya Gen Z mu mwaka 2024, aho nubwo habayeho uruhurirane rw’ubwitange, hashoboye gukusanywa miliyoni 30 gusa z’amashilingi ya Kenya.
Igitekerezo cya TikTok Community Hospital cyashimangiwe n’inkuru y’umusore w’imyaka 17 wo muri Nyeri uzwi nka Kaluma Boy, wakoze abantu ku mutima ubwo yerekanaga ibibazo se yagize nyuma yo kurwara indwara y’umutwe (stroke).
Ubutabazi bwihuse bw’abakoresha TikTok bwafashije se, bukaba bwaragaragaje imbaraga z’ubufatanye bwo kuri murandasi mu gufasha abantu. Iyo nkuru yateye benshi kumva ko bishoboka no gutekereza ivuriro ritunganyijwe n’abantu ubwabo.
Guverinoma na yo ntiyabyirengagije. Ku wa gatatu, tariki 1 Ukwakira, mu nama n’abakoresha TikTok yabereye i Kiambu, Dennis Itumbi, ukuriye gahunda zidasanzwe za Perezida n’ihuriro ry’ubukungu bushingiye ku buhanga, yavuze ko ari igitekerezo cyiza kandi cyakiriwe neza.