Urwego rw’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ryafatiye ibihano abakinnyi n’amabatoza bitabiriye iserukiramuco rya Giants of Africa 2025 ryabereye mu Rwanda.
Ni iserukiramucu ryabereye i Kigali kuva tariki ya 26 Nyakanga kugeza ku ya 2 Kanama 2025, aho aba Banyekongo bashinjwa kuryitabiri nta burenganzira bahawe n’igihugu bwo kugihagararira.
Nyuma yo gusozwa kw’iryo serukiramuco, Minisitiri wa Siporo wa Congo , Didier Budimbu Ntubuanga, yasabye FEBACO gusobanura uburyo bamwe mu baturage b’iki gihugu bitabiriye ibikorwa byaberaga mu Rwanda bambaye ibendera rya RDC kandi nta burenganzira bahawe.
Mu itangazo ryashyizwe hanze na FEBACO, ryavuze ko abatoza bane bagaragaye muri Giants of Africa 2025 birukanwe burundu, barimo Natacha Teba Mambengya, wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya RDC mbere yo kuba umutoza wa BC Hatari.
Abakinnyi bo bahagaritswe hagati y’amezi 12 n’imyaka ibiri, aho Gloire Tambwe Mwamba ahanwe bikomeye ahabwa imyaka ibiri kuko atari ubwa mbere akoze amakosa nk’ayo, ndetse akaba yaranigeze kwanga guhamagarwa mu ikipe y’igihugu.
Usibye Congo kandi iri serukiramuco ryitabiriwe n’ibindi bihugu bitandukanye Ethiopia, Kenya, Somalia, Uganda, Tanzania, Botswana, Afurika y’Epfo, Ghana, Nigeria, Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Bénin, Mali, Maroc na Sénégal.
Giants of Africa ihuza urubyiruko n’abatoza bo mu bihugu bitandukanye bya Afurika, hagamije guteza imbere impano muri Basketball binyuze mu mikino, amahugurwa n’ibindi bikorwa by’ubushobozi.