Abarwanyi bafitanye isano n’umutwe wa Leta ya Kisilamu mu majyaruguru ya Mozambique bishe abasivili bane mu gitero bagabye mu mujyi wa Macomia mu ntara ya Cabo Delgado mu majyaruguru ya Mozambique nk’uko umusirikare wo ku rwego rwo hejuru hamwe n’abaturage babibwiye AFP kuri uyu wa Mbere wa tariki 29 Nzeri 2025.
Ibitero bishya byakomeje kugaragara mu mezi aheruka mu ntara ya Cabo Delgado, imvururu zatangiye mu mwaka 2017, ibi byatumye umushinga wa miliyari nyinshi z’amadolari wo gutunganya gaze (LNG) wa sosiyete y’Abafaransa TotalEnergies uhagarara ukaba utegerejwe kongera gusubukurwa.
Umwe mu basirikare wasabye kudatangazwa amazina yabwiye AFP ko “Abitwaje intwaro bishe abantu bane barimo n’umucuruzi wo muri ako gace, ndetse bashimuta abakobwa babiri.
Umuturage kandi utataangajwe amazina yabwiye AFP, Ati “Twumvise amasasu ahagana saa mbiri z’ijoro duhita dutangira guhungira mu ishyamba ubwo binjiraga mu gace , bahise bica abantu bane bashimuta abandi bane barimo umugore n’abakobwa be babiri,”
Ubuyobozi bwa leta ya Mozambique ntacyo bwigeze butangaza kuri iki gitero kandi akenshi nta kintu ikunze gutangaza ku bitero nk’ibi mu gihe hashyizwe imbaraga nyinshi mu kurwanya iyi mitwe hanifashishwa ingabo z’amahanga.
Hanze gato y’umujyi wa Macomia wagabwemo ibyo bitero hari ikigo kinini cy’ingabo z’u Rwanda, zimaze igihe ziri gufasha ingabo za Mozambique muri Cabo Delgado kuva mu mwaka 2021.
Nk’uko bitangazwa n’ikigo gicunga amakuru ku makimbirane (ACLED) nibura abantu 6,200 bamaze kwicwa kuva ubwo imvururu zatangiraga mu mwaka 2017.
Ku wa Gatanu, umuryango Médecins Sans Frontières (Abaganga batagira umupaka) watangaje ko uhagaritse ibikorwa byawo by’ubuvuzi mu mujyi wa Mocimboa da Praia kubera kwiyongera kw’ibitero.
Mocimboa da Praia mbere yari ihuriro rinini ryakiraga lisansi, imodoka, n’ibindi bikoresho byakoreshwaga n’ibigo bikorera hafi y’umushinga wa gaze mu mujyi wa Palma.
Umushinga wa TotalEnergies wahagaze kuva muri Werurwe 2021 ubwo abarwanyi bagabaga igitero i Palma, aho abantu barenga 800 bishwe, nk’uko ACLED ibivuga.
Mu Ukwakira 2023, bamwe mu bantu bakoraga kuri uwo mushinga ndetse n’imiryango y’abiciwe, bareze iyo sosiyete y’Abafaransa, bayishinja kudatanga umutekano uhagije.
TotalEnergies yatangaje ko ibikorwa byo kongera kubaka uwo mushinga wa miliyari 20 z’amadolari bishobora gusubukurwa mu mezi ari imbere.
IVOMO: AFP