Imikino yateguwe na APR FC(Inkera y’Abahizi) yo kwitegura umwaka mushya w’imikino 2025-2026, igeze aho rukomeye aho AS Kigali ikomeje kuyobora uko amakipe akurikirana.
Ni imikino yatangiye tariki 19 Kanama 2025, ibimburirwa n’umukino Azam FC yo muri Tanzaniya yatsinzemo Police FC kuri penaliti enye kuri eshatu(4-3) nyuma y’uko iminota y’umukino yari yarangiye ari igitego kimwe kuri kimwe(1-1).
Mu mukino w’umunsi wa Kabiri w’iyi mikino wabaye kuri uyu wa Kane wa tariki 21 Kanama 2025, ikipe ya Police FC yatunguye APR FC iyitsinda ibitego bitatu kuri bibiri(3-2).
APR FC yatsindiwe na William Mel Togui ndetse na Mamadou Sy mu gihe Police FC y’umutoza Ben Moussa yatsindiwe na Byiringiro Lague, Muhozi Fred ndetse na Mugisha Didier.
Uyu mukino wabaye uwa Kabiri Taleb Abderrahim atakaje muri iyi mikino nyuma yo gutsindwa na AS Kigali kuri penaliti eshanu kuri enye(5-4) nyuma yo kunganya igitego kimwe kuri kimwe(1-1) mu minota yose y’umukino.
Undi mukino wabaye kuri uyu wa Kane wasize ikipe ya AS Kigali yongeye gutsinda umukino wa Kabiri nyuma yo gutsinda Azam FC yo muri Tanzaniya igitego kimwe ku busa(1-0) cyinjijwe na Rudasingwa Prince kuri penaliti.
Uko amakipe akurikirana muri iri rushanwa kugeza ubu!
1. AS KIGALI – 6
2. POLICE FC – 3
3. AZAM FC – 3
4. APR FC – 0
Imikino isigaye!
Police FC vs AS Kigali: 24/08/2025(15h00 PM)
APR FC vs Azam FC: 24/08/2025(18h00 PM)
Hakurikijwe gahunda yatangajwe n’ikipe ya APR FC iyi mikino yombi isoza irushanwa izabera kuri sitade Amahoro. Hakazarebwa ikipe izabasha kugira amanota menshi mu mikino itatu buri kipe izasoza irushanwa ikinnye.