Mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu , Karomba Gaël wamamaye nka Coach Gaël yagaragaje intumbero yihaye mu buzima, aboneraho gusangiza urubyiruko inama zubaka.
Uyu mugabo w’imyaka 37 umaze kugira izina rikomeye mu myidagaduro na siporo mu Rwanda, yatangaje ko mu myaka 10 iri imbere azaba yamaze kugira indege ye bwite, azwi nka private jet.
Yagize ati: “Urabona uyu mugabo ahagaze muri private jet, ni ikintu ntekereza cyane, kuko indege ziba zingora. Ndashaka kugura iyanjye, ndetse no kugira kompanyi igura izindi.”
Si indege gusa iri mu nzozi ze, kuko yanatangaje ko afite umugambi wo gufasha abana b’imfubyi nibura ibihumbi birindwi, akanandika ibitabo birimo kimwe azashyira ahagaragara ku isabukuru ye y’imyaka 40.
Yongeyeho ko yifuza gushinga igitangazamakuru kigisha ubushabitsi, kugira ngo afashe abandi gutera imbere.
Mu butumwa yagejeje ku rubyiruko, Coach Gaël yagaragaje ko kugira inzozi bidahagije igihe ntacyo umuntu akora. Yagize ati: “No mu buzima busanzwe, iyo ushaka ikintu urahaguruka ukagifata.”
Uyu mugabo kandi yavuze ko nubwo yigeze kuba umuvugabutumwa mu Buhinde, ubu yamaze guhindura uburyo abivugamo, aho avuga ko abinyuza mu biganiro biganisha ku gutanga imbaraga no gukangurira abantu kwiyubaka.
Ati: “Mfite uburyo bushya bwo kubwiriza; ubu ni bwo bwo kuganiriza urubyiruko, mbatera imbaraga.”
Nubwo amaze gutera intambwe mu bushabitsi, avuga ko ataragera ku rwego rumushimisha kuko akiri mu rugendo.