Kuri iki Cyumweru tariki 09 Ugushyingo 2025, umusirikare mu gisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) yarashwe arapfa nyuma yo gushaka kwivugana umukuriye.
Ibi byabereye Kavimvira, mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Epfo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo aho bikekwako uyu musirikare yari yasinze.
Umwe mu bo muri sosiyete Sivile, yagize ati: “Umusirikare wa FARDC, wari wasinze, yishwe nyuma yo kugerageza kwica umuyobozi we akoresheje gerenade.”
Kiza Tiniko, perezida w’ishyirahamwe ry’urubyiruko rwa Uvira abivuga, umusirikare wishwe yashinje “umusirikare mugenzi we ko yashutse umugore we.”
Amakuru aturuka mu miryango itari iya Leta, avuga ko umutwe ushinzwe imyitwarire y’abasirikare, yabanje gukomakoma kugira ngo uyu musirikare adakora iryo bara ryo kwica umukuriye ariko akinangira.
Si ubwa mbere ibintu nkibi bibaye kuko mu minsi ishize nabwo umusirikare muto yivuganye uwo yari ashinzwe kurinda nyuma yo kutamugezaho agahimbaza musyi yari agenewe.