Umugabo w’imyaka 33 witwa Mustafar Manirabuka, uzwi kandi ku izina rya “Katonda”, yemeye icyaha cyo kwangiza amafoto yo kwamamaza Perezida Yoweri Kaguta Museveni mu Karere ka Busia mu Burasirazuba bwa Uganda.
Uyu mugabo yagaragaye imbere y’Umucamanza Mukuru wa Busia, Thomas Okoth, kuri uyu wa Kane wa tariki 02 Ukwakira 2025, Manirabuka yemeye ko yangije ayo mafoto ku wa 22 Nzeri 2025, ku muhanda wa Majanji mu mujyi wa Busia.
Nk’uko byatangajwe n’Umushinjacyaha wa Leta muri ako karere, Julius Danx Tuhairwe, icyo gikorwa cyabaye ku wa 22 Nzeri 2025, aho bivugwa ko Manirabuka yakoresheje icyuma gityaye agasatura amafoto atanu yo kwamamaza Perezida Museveni.
Abakandida 8 bahataniye intebeye y’umukuru w’igihugu muri Uganda
• President Yoweri Kaguta Museveni (NRM)
• Kasibante Robert (NPP)
• Mabirizi Joseph (CP)
• Nandala Mafabi James Nathan (FDC)
• Mugisha Gregory Muntu Oyera (ANT)
• Kyagulanyi Robert Ssentamu (NUP)
• Munyagwa Mubarak Sserunga (CMP)
• Bulira Frank Kabinga (RPP)
N’ubwo Manirabuka yemeye icyaha, yahakanye umubare w’amafoto yavuzwe. “Nibyo, nasatuye amafoto, ariko yari ane, ntabwo yari atanu nk’uko ubushinjacyaha bubivuga,” abwira urukiko.
Manirabuka yakomeje asobanura impamvu yabikoze, avuga ko we n’umuryango we bashyigikiye bakanakorera ibikorwa byo kwamamaza Perezida Museveni imyaka myinshi ariko ntibahabwe ishimwe cyangwa ibihembo.
Ati: “Nashwanyaguye amafoto kugira ngo ubutumwa bugere kuri Perezida ko hari umuryango wo muri Busia wamamaje amanywa n’ijoro imyaka myinshi ariko utarigize ushimwa,”
Umucamanza Mukuru, Bwana Okoth, yahise ategeka ko afungirwa muri gereza ya Leta ya Masafu mu gihe urukiko rutarafata umwanzuro wa nyuma ku ngano y’ibihano agomba guhabwa.
Manirabuka, utuye mu mujyi wa Busia agakomoka mu bwoko bwaba-Soga, bivugwa ko yangije amafoto yari hafi ya sitasiyo ya Polisi ya Busia ku muhanda wa Majanji nyuma akagerageza kwihisha. Yahise atangira gushakishwa n’abapolisi b’inzobere, afatirwa ku muhanda mu gace k’Iburasirazuba aho yari yihishe.
Ibikorwa nk’ibi byo kwangiza ibikoresho biri kwifashijwa n’abakandida ntabwo ari ubwe mbere bigargaye muri ibi bihe byo gushaka majwi, aho mu minsi mike ishize hagaragaye hari kwangizwa iby’umukandida w’ishyaka National Unity Platform(NUP) , Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka “Bobi Wine”, uhanganye bikomeye na perezida Yoweri Museveni.