Umugabo wo muri Tuniziya yakatiwe urwo gupfa ashinjwa gusebya Perezida w’iki gihugu, Kais Saied, no guhungabanya umutekano w’igihugu binyuze mu byo yashyize ku mbuga nkoranyambaga.
Ibi byatangajwe n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’Uburenganzira bwa Muntu muri Tuniziya ndetse n’umwunganizi we mu mategeko kuri uyu wa Gatanu wa tariki 03 Ukwakira 2025.
Uyu mugabo yafatiwe iki gihano mu gihe muri Tuniziya, ikijyanye n’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo bisankaho bitagishboboka nyuma y’uko Perezida Kais Saied yigarurira hafi ububasha bwose mu gihugu mu mwaka 2021.
Uwakatiwe ni Saber Chouchane, umukozi w’imirimo y’amaboko ufite imyaka 56, usanzwe ari umuturage usanzwe udafite amashuri ahambaye, ariko wari usanzwe yandika ubutumwa bunenga Perezida mbere yo gufatwa umwaka ushize.
Umwunganizi we mu mategeko, Oussama Bouthalja, yabibwiye Reuters Ati: “Umucamanza wo mu rukiko rwa Nabeul yakatiye uwo mugabo urwo gupfa azira ubutumwa yashyize kuri Facebook. Ni icyemezo gitangaje kandi kidasanzwe.” Yongeyeho ko bamaze kujurira kuri icyo cyemezo .
N’ubwo inkiko muri Tuniziya rimwe na rimwe zatangaga ibihano by’urupfu, nta na kimwe cyigeze gishyirwa mu bikorwa mu gihe kirenga imyaka 30 ishize.
Icyo gihano cyahise gitera urukurikirane rw’ibitekerezo byo kunenga no gusetsa ku mbuga nkoranyambaga hagati y’abaharanira uburenganzira bwa muntu n’abaturage basanzwe bo muri Tuniziya.
Abenshi bavuze ko icyo cyemezo kigamije gusa gutera ubwoba abanenga Saied, kandi bakaburira ko ingamba nk’izo zikaze zishobora kurushaho kubuza abantu kuvuga icyo batekereza no kongera umurego w’umwuka mubi wa politiki.
Kuva Saied yasenya inteko ishingamategeko yatowe ndetse agatangira gutegeka akoresheje amabwiriza ye, Tuniziya yakomeje kunengwa n’amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu kubera gusenyuka k’ubutabera bwigenga. Abatavuga rumwe na we bise ibyo yakoze “kudeta.”
Abenshi mu bayobozi b’ihuriro ritavuga rumwe na Leta, Perezida yabise abanzi b’igihugu, ubu bafungiye ibyaha bitandukanye bagiye bashinjwa mu bihe bitandukanye.