Abigaragambya bongereye gusubira mu mihanda yo mu mijyi itandukanye ya Madagascar kuri uyu wa mbere wa tariki 6 Ukwakira 2025, mu cyumweru cya gatatu cy’imyigaragambyo irwanya ubutegetsi, ubu bakaba basaba ko Perezida Andry Rajoelina yegura ku mirimo ye.
Polisi yo mu murwa mukuru Antananarivo yakoresheje ibyuka biryana mu maso mu guhosha ndetse no gutatanya abigaragambya, nk’uko umunyamakuru wa Reuters yabitangaje, Abenshi muri abo bigaragambyaga bari abanyeshuri ba kaminuza, bifashishije imyigaragambyo yatangiye mu kwezi gushize irwanya ibura ry’amazi n’amashanyarazi kugira ngo berekane n’izindi ngorane rusange bafite ku buyobozi bwa leta.
Batewe imbaraga n’imyigaragambyo ya “Gen Z” yabaye muri Kenya no muri Nepal, iyi myigaragambyo ni yo yabaye nini kurusha izindi mu myaka ishize ku kirwa cya Madagascar kiri mu Nyanja y’Abahinde, ikaba itanga urubuga rwo kugaragaza akarengane k’imibereho mibi n’ubuyobozi burangwa na ruswa ikabije.
Televiziyo zo muri Madagascar zerekanye amashusho y’abapolisi bahangana n’abigaragambya mu mujyi wo mu majyepfo wa Toliara no mu mujyi wo mu majyaruguru wa Diego Suarez.
N’ubwo Madagascar ifite ubutunzi kamere bwinshi burimo amabuye y’agaciro, ubusitani bw’inyamaswa n’imirima y’ubuhinzi, iri mu bihugu bikennye cyane ku isi, aho umutungo w’umuturage ku giti cye wagabanutseho 45% kuva igihugu cyabona ubwigenge mu mwaka 1960 kugeza mu 2020.
Rajoelina aherutse gusezerera abagize guverinoma ye mu cyumweru gishize, ariko abigaragambya benshi basigaye basaba ko uyu muyobozi w’imyaka 51 nawe yegura ku bushake bwe.
Umuryango w’Abibumbye (ONU) watangaje ko nibura abantu 22 bishwe naho barenga 100 bakomereka mu minsi ya mbere y’imyigaragambyo, ariko leta yahakanye ayo makuru.
Mu ijambo yavuze ku wa gatanu, Rajoelina yavuze ko yiteguye kumva ibibazo by’abigaragambya, ariko ntiyigeze asubiza ku busabe bwo kwegura.
Umuvugizi w’ibiro bye yabwiye Reuters mu mpera z’icyumweru ko iyi myigaragambyo irimo gukoreshwa n’abanyapolitiki bashaka guhungabanya igihugu.
Mu itangazo ryasohotse ku wa mbere, Perezidansi yavuze ko amwe mu mashyirahamwe ya sosiyete sivile yahuriye na Rajoelina ku wa gatandatu, ariko ntiyatanze ibisobanuro birambuye.
Andi mashyirahamwe yo yatangaje ko yanze kwitabira iyo nama, avuga ko abayobozi batatanze ubusobanuro bugaragaza ko imyigaragambyo izemererwa kubaho mu mahoro, ndetse ko abigaragambya bafashwe bazarekurwa.