Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran Abbas Araghchi kuri iki Cyumweru tariki 11 Kamena 2025, yatangaje ko umuyobozi wo ku rwego rwo hejuru w’akanama ka Loni gashinzwe kugenzura ingufu za kirimbuzi aza kugenderera Iran none tariki 11 Kamena 2025.
Minisitiri Abbas Araghchi yemeje ko nta genzura riteganyijwe ku bikorwa remezo bya kirimbuzi nyuma y’intambara yari imaze iminsi ibahanganishije n’igihugu cya Israel bafatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari igamije gusenya ibikorwa remezo byayo bya kirimbuzi.
Kuva ubwo Israel yatangiraga ibitero bya gisirikare ku bikorwa bya kirimbuzi bya Iran mu ntambara yamaze iminsi 12 muri Kamena, abagenzuzi b’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe Ingufu za Atomike (IAEA) ntibongeye kwemererwa kwinjira muri ibyo bikorwa, n’ubwo umuyobozi wa IAEA Rafael Grossi yakomeje kuvuga ko igenzura ari ingenzi kandi byihutirwa kuri we.
Iran ishinja IAEA kuba yaratanze raporo itariyo ku ya 31 Gicurasi, igatuma akanama k’ibihugu 35 ka IAEA kavuga ko Iran yarenze ku masezerano yo kudakora intwaro za kirimbuzi, bityo ngo ikaba yarafashije gutegura ibitero.
Iran, ihakana ko ishaka gukora intwaro za kirimbuzi, ivuga ko igikomeje gukurikiza amasezerano y’Itangira ridakwirakwiza intwaro za kirimbuzi (NPT).
Mu kwezi gushize, Iran yashyize mu bikorwa itegeko ryemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko rihagarika gukorana na IAEA. Iryo tegeko riteganya ko kugenzura ibikorwa bya kirimbuzi na IAEA bizemezwa gusa n’Inama y’Umutekano y’Igihugu yo ku rwego rwo hejuru ya Tehran.