Impuzamashyirahamwe y’umipira w’amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye Kenya ibihano nyuma y’uko habayeho amakosa mu by’umutekano mu mukino wa CHAN 2024 wahuje Harambee Stars na DR Congo kuri Stade Mpuzamahanga ya Moi i Kasarani
Ni umukino wabaye kuri iki Cyumweru tariki 03 Kanama 2025. CAF yategetse Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Kenya (FKF) kwishyura amande angana na miliyoni 2.5 z’amashilingi ya Kenya (angana na 27 948 859 mu Manyarwanda).
CAF iranaburira Kenya ko hashobora kuza ibindi bihano nibaramuka bongeye gusubiramo aya amakosa mu irushanwa bakiriye bafatanyije na Uganda ndetse na Tanzaniya.
Nk’uko bigaragara muri raporo y’umukozi ushinzwe umutekano wa CAF, FKF yarenze ku ngingo ya 82 n’iya 83 z’amategeko ahana ya CAF ndetse n’amategeko y’umutekano nyuma y’uko hadutse akaduruvayo mu mukino Kenya yatsinzemo DRC igitego 1-0.
Ibibazo byagaragajwe birimo:
- Akavuyo (stampede) kabereye ku muryango wa 11winjira muri sitade
- Moto yagaragaye ica hagati y’imbaga y’abantu mu buryo buteye impungenge
- Abafana bacanye umuriro
- Abakozi ba CAF n’abafatanyabikorwa bayo bangiwe kwicara mu cyicaro cy’abanyacyubahiro (VVIP)
- Abashinzwe umutekano basagariye bamwe mu bakozi ba CAF ndetse n’abaterankunga b’irushanwa
Umuyobozi wa Komite itegura CHAN (LOC), Nicholas Musonye, yari yasabye ko hubahirizwa amabwiriza ya CAF, anibutsa Abanya-Kenya kwitwara neza no kubahiriza amategeko kugira ngo hirindwe ibihano.
Uretse Kenya, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Tanzaniya (TFF) naryo ryaciwe $10,000 nyuma y’uko abafana barenze ku mabwiriza y’umutekano mu mukino wabo na Burkina Faso wabereye kuri sitade Benjamin Mkapa.
Hagataho mu gihe imitegurire itari kugenda neza muri Tanzaniya na Kenya biri gutera impungenge ku mikino y’ikombe cya Afurika cya 2027 kizabera muri ibi bihugu wongeyeho na Uganda.