Kuri uyu wa Gatandatu wa tariki 15 Ugushyingo 2025, i Doha muri Qatar ni bwo habaye igikorwa cyo gushyira umukono ku miterere-remezo y’amasezerano y’amahoro yo kurangiza intambara yo mu Burasirazuba bwa Repbulika ya Demokarasi ya Congo hagati ya leta y’iki gihugu n’umutwe wa M23.
Ibyagezweho ku wa gatandatu byubakiye ku isinywa ry’itangazo ry’amahame aganisha ku mahoro Kinshasa na M23 bashyizeho umukono muri Nyakanga (7) uyu mwaka.
Ingingo nkuru umunani y’iyi miterere-remezo y’amasezerano hagati ya Leta ya Congo na M23
- Uburyo bwo kurekura imfungwa (zo mu ntambara)
- Uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge
- Gutuma imiryango ikora ubutabazi (ifasha) igera ku babucyeneye
- Gusubizaho ubutegetsi bwa Leta
- Kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe imitwe yitwaje intwaro
- Koroshya isubira mu byabo mu buryo butekanye ku bantu bavuye mu byabo bari imbere mu gihugu hamwe n’impunzi
- Kongera kubaka ubukungu
- Ubutabera, ukuri n’ubwiyunge
Ariko iyi miterere-remezo ubwayo y’amasezerano y’amahoro ntirimo ingingo zitegeka buri ruhande ko rugomba kuyubahiriza. Ahubwo harimo ibyo buri ruhande rwiyemeje byo kugeza ku bumwe, kubaka icyizere, no gucubya ubushyamirane bikozwe mu byiciro.
Ibihugu birimo u Rwanda, Qatar, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ububiligi ndetse n’Ubufaransa byashimye iyi ntambwe yatewe mu rwego rwo kugarura umutekano mu Burasirazubwa bwa congo.
Kuri ubu hahanzwe amaso kandi amasezerano leta ya Congo igomba gusinyana n’u Rwanda akaba amasezerano ahagarariwe na leta ya Amerika ndetse biteganyijwe ko perezida Donald Trump agomba kwakira abakuru b’ibi bihugu kugira ngo ashyirweho umukono.