Myugariro w’Umudage, Malick Thiaw, yerekeje mu ikipe ya Newcastle United yo mu Bwongereza, avuye muri AC Milan yo mu Butaliyani.
Uyu mukinnyi w’imyaka 24 yasinye amasezerano y’igihe kirekire ku kiguzi kitatangajwe ku mugaragaro, ariko bivugwa ko ari akayabo ka miliyoni 35 z’amayero.
Mu kiganiro yahaye itangazamakuru nyuma yo gusinyira Newcastle, Thiaw yagize Ati: “Nishimiye cyane kuba ngiye kwinjira muri iyi kipe ikomeye. Nshishikajwe no gutangira imyitozo no guhura n’abakinnyi bagenzi banjye hamwe n’abatoza.”

Malick yanongeyo ko umutoza Eddie Howe yamweretse icyerekezo gifatika cy’aho ikipe igana, ndetse n’uruhare runini yiteze ko azagira muri uru rugendo rwa Magpies nkuko bakunze kuyitazira.
Thiaw, wagaragaye inshuro eshatu mu ikipe y’igihugu y’Ubudage, yari amaze imyaka itatu muri AC Milan, aho yakinnye imikino 85 mu marushanwa yose kuva yava muri Schalke 04 mu mwaka wa 2022.
Uyu musore abaye umukinnyi wa gatatu mushya Newcastle iguze muri iyi mpeshyi, nyuma ya Anthony Elanga wavuye muri Nottingham Forest na Aaron Ramsdale, umunyezamu wavuye muri Southampton.
Umutoza Eddie Howe yavuze ko yishimiye cyane kubona Thiaw mu ikipe ye, Ati: “Ni umukinnyi maze igihe nkurikirana. Afite ubunararibonye bukomeye mu marushanwa akomeye nka Champions League, Serie A ndetse na Bundesliga. Ni inyongera ikomeye ku bwugarizi bwacu.”
Newcastle iratangira shampiyona y’u Bwongereza kuri uyu wa Gatandatu ikina na Aston Villa, nyuma yo gusoreza umwaka ushize ku mwanya wa gatanu.
Kurundi ruhande, Newcastle iracyahanganye n’urugamba rwo kugumana rutahizamu wayo ,Alexander Isak ukomeje gusunika kugirango yerekeza muri Liverpool.