Urugereko rw’Urukiko Rukuru rukorera i Nyanza, mu Majyepfo y’u Rwanda, rwasubitse urubanza rwa Murekezi Vincent uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma yo gusaba ko yabanza kuvugana n’umuryango we kugira ngo ashake uburyo bwo kwishyura abamwunganira mu mategeko.
Murekezi, w’imyaka 63, yigeze kuba umucuruzi ukomeye muri Malawi aho yoherejwe mu Rwanda mu 2019 hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye mu by’ubutabera hagati y’ibihugu byombi.
Yari yarakatiwe n’urukiko rwa Malawi imyaka ine kubera icyaha cya ruswa, igihano yaje kurangiriza mu Rwanda. Ariko kandi, inzego z’ubutabera z’u Rwanda zamushakishaga kubera ibyaha bya Jenoside yakekwagaho, aho urukiko rwa Butare rwamukatiye adahari igifungo cya burundu.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri 2025, mu rukiko rwa Nyanza, Murekezi yavuze ko kuva muri Gicurasi atongeye kuvugana n’umuryango we. Yavuze ko ibi bimubera inzitizi mu kubona amafaranga yifashisha mu kwishyura abamwunganira ndetse no kwivuza indwara za diyabete na porositate avuga ko arwaye.
Yemeje ko nubwo yaguze ikarita yo guhamagara, ubuyobozi bwa gereza ya Mageragere butamerewe kuyikoresha.Ubushinjacyaha bwagaragaje ko ibyo asaba bitajyana n’imiterere y’ukuntu yagejejwe mu Rwanda, butekereza ko ashaka gutinza urubanza. Ariko Murekezi yahakanye ibyo ahubwo yemeza ko hari abandi bantu ashakaho inkunga, uretse umuryango we gusa.
Urukiko rwatangaje ko rugiye gufasha mu ikemuka ry’icyo kibazo cyo kuvugana n’umuryango we, maze rusubika urubanza kugeza ku itariki ya 10 Ukuboza 2025.