Kuri uyu wa Mbere wa tariki 22 Nzeri 2025, mu murwa mukuru wa Sudan y’Epfo, Juba, hatangiye urubanza rw’uwahoze ari Visi Perezida w’iki gihugu, Riek Machar ndetse n’abandi bareganwa hamwe.
Riek Machar, hamwe n’abandi bareganwa hamwe bose bajyejejwe mu rukiko icyarimwe. Inzego z’ubutabera zavuze ko Machar akurikiranyweho ibyaha byo kugira uruhare mu kugaba igitero ku birindiro by’ingabo za leta muri uyu mwaka wa 2025
Ibindi byaha aregwa birimo kwica, gucura imigambi, iterabwoba, gusenya ibikorwaremezo bya leta n’iby’ingabo ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Iyi yari inshuro ya mbere Machar agaragaye mu ruhame kuva yafungwa mu kwezi kwa Werurwe ya 2025, ndetse urubanza rwe rwerekanwe kuri televiziyo y’igihugu.
Abanyamategeko ba Machar bavuze ko urukiko rudafite ububasha kuri uru rubanza. Abamwunganiraga bakavuga ko akwiye kurindwa n’amasezerano y’amahoro yo mu mwaka 2018 yashyize iherezo ku ntambara y’imbere mu gihugu yahitanye abantu ibihumbi 400.
Machar na Perezida Salva Kiir ntibabanye neza. Kiir akomoka mu bwoko bwa Dinka, ubwoko bunini muri Sudani y’Epfo, naho Machar akomoka mu bwoko bwa Nuer, ubwoko bwa kabiri bunini ndetse bagiye bashyamirana inshuro nyinshi bakongera bakiyunga ibikomeza n’ubundi kuzamura impungenge.