Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, yakuye ku mirimo umukuru w’ingabo z’igihugu asubizaho uwamubanjirije, ari na we yari yirukanye amezi atatu ashize, nk’uko televiziyo y’igihugu yabitangaje.
Izi mpinduka yongeye kwerekana uburyo impinduramatwara zikomeje mu nzego z’ingabo n’ubuyobozi bwa Sudani y’Epfo, mu gihe Kiir akomeje guhangana n’intambara ndetse n’ibihuha mu gihugu bijyanye n’uzamusimbura.
Kiir, ufite imyaka 74, ayoboye Sudani y’Epfo kuva yabona ubwigenge bwayo mu mwaka 2011 nyuma yo gutandukana na Sudani. Amatora yari ateganyijwe yasubitswe inshuro ebyiri kandi Riek Machar, visi perezida wa mbere akaba n’uwari umwanzi we ukomeye mu ntambara y’imbere mu gihugu yo hagati ya 2013–2018, aheruka gushinjwa ubugambanyi ajyanwa imbere y’ubutabera.
Televiziyo y’igihugu (South Sudan Broadcasting Corporation) yatangaje ko Kiir yashyize Paul Nang Majok mu mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo (Chief of Defence Forces), asimbuye Dau Aturjong, ariko nta mpamvu yatanzwe ku cyateye uwo mwanzuro.
Mu kwezi kwa Nyakanga, Kiir yari yarirukanye Majok amaze amezi arindwi gusa ku mirimo, amushyiriraho Aturjong nk’umusimbura, nabwo adasobanuye impamvu.
Icyo gihe, icyo cyemezo cyaje gikurikira imirwano mishya mu burasirazuba bw’igihugu, aho ingabo za leta zari zatsinzwe by’igihe gito n’inyeshyamba zituruka mu bwoko bwa Nuer, bw’umunyapolitiki Machar.
Ubutegetsi bwa Sudan y’Epfo bufunze Machar muri Werurwe, imushinja gushyigikira izo nyeshyamba, mu kwezi gushize yatangiye kuburanishwa ku byaha by’ubugambanyi, ubwicanyi n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Machar yahakanye ibyo aregwa.
Ifungwa rye ryateje ubwoba ko igihugu gishobora gusubira mu ntambara yeruye, mu gihe abamushyigikiye barega leta kuba yararenze ku masezerano y’amahoro n’isaranganya ry’ubutegetsi yasinywe mu mwaka 2018.
Abasesenguzi bemeza ko impinduka zikomeje gukorwa na perezida Kiir mu nzego za leta n’iz’umutekano zigamije gukomeza gufata ubutegetsi mu biganza bye.