Polisi ya Tanzaniya yatangaje ko yafatiye ku mupaka Umunyakenya ufite n’ubwenegihugu bwa Amerika ucyekwaho kugerageza kwinjira muri icyo gihugu cya Afurika y’Iburasirazuba afite ibiturika.
Mu itangazo ryasohowe mu masaha yo ku mugoroba wo ku Cyumweru, Polisi ya Tanzaniya yatangaje ko uwo mugabo w’imyaka 30 afite ubwenegihugu bwombi ubw’Amerika n’Ubw’a Kenya kandi akaba ari sergent mu ngabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Igikorwa cyo kumufata cyakozwe n’inzego za polisi mu karere ka Tarime-Rorya kuri iki Cyumweru tariki 16 Ugushyingo 2025, ahagana saa sita za mu gitondo.
Itangazo ryasowe n’inzego z’umutekano ryagiraga riti: “Umunyamerika w’Umunyakenya akaba n’umusirikare wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ufite ipeti rya Sergent, yafatanwe grenade enye zo mu bwoko bwa CS M68, ava muri Kenya agana muri Tanzaniya mu modoka yo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser.”
Kuri ubu inzego za polisi zemeza ko zirimo gukora iperereza ryisumbuye mu rwego rwo kumenya amakuru yisumbuye cyane ko uyu wafashwe arimo kubazwa ubundi hakazafatwa ibyemezo bikwiye hashingiwe ku mategeko.
Ibi bibaye mu gihe impungenge z’umutekano muri Tanzaniya ziyongereye mu gihe cy’amatora rusange yo ku wa 29 Ukwakira, amatora yasize Samia Suluhu atsinze amatora ku majwi 98%.
Nyuma yaya matora ibyari amahoro byahindutse uburakari, abaturage benshi bajya mu myigaragambyo bamagana ibyavuye mu matora. mugihe kandi abakandida babiri bakomeye bo mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bari barakuwe ku rutonde rw’abemerewe kwiyamamaza.