Kompanyi ya Tesla yageneye umuyobozi wayo mukuru, Elon Musk, imigabane ifite agaciro ka miliyari $29 (angana na miliyari £21.7), mu rwego rwo kumugumana muri sosiyete no gukuraho impungenge ko yayivamo.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rutesheje agaciro amasezerano yasinywe mu mwaka 2018, yari afite agaciro ka miliyari zirenga $50 yari guhabwa Musk ruvuga ko ayo masezerano ari akarengane ku banyamigabane ba kompanyi.
Hari impungenge ko Elon Musk ashobora kuva muri iyi Kompanyi mu gihe aya mafaranga atayabona gusa iyi migabane yahawe ifite aka gaciro byatumye yiyemeza gukomeza nubwo n’ubundi yajuririye icyemezo cyafashwe n’urukiko.
Inama y’ubutegetsi ya Tesla yanditse kuri X, urubuga rwa Musk n’ubundi Bati: “Ni ingenzi cyane kugumana no guha imbaraga impano zidasanzwe dufite, duhereye kuri Elon. Nta wundi muntu ufite ubumenyi n’inararibonye nk’ibya Elon Musk kugeza ubu.”
Tesla iri gukora ibishoboka byose ngo igumane Elon Musk mu gihe hari uguhanganira abakozi hagati y’ama-kopanyi ku buryo hari impungenge ko Tesla irangaye yamutakaza ibyatumye bemera kumuha amasezerano ahenze gutya byakwanga bakemera kumuha imigabane.
Nko mu bihe byavuba umuyobozi wa Facebook, Mark Zuckerberg, bivugwa ko yagerageje kureshya abakora ikoranabuhanga bo mu kigo cyakoze ChatGPT, OpenAI, abizeza akavagari k’amafaranga.
Si ibyo gusa kuko ishami rya Microsoft rishinzwe AI, riyobowe na Mustafa Suleyman wahoze ari mu bashinze “Google DeepMind”, rimaze kwinjiza abakozi benshi bavuye muri Google.