Ihuriro AFC/M23 ryanyomoje amakuru avugwa ko ryaba ryambuwe ikibuga cy’indege cya Kavumu giherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu Burasirazuba bwa RDC.
Ni ikibuga M23 yigaruriye ku wa 14 Gashyantare 2025, ubwo yigaruriraga umugi wa Kavumu ndetse n’ibice byose biyikikije nyuma y’imirwano batsinzemo ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo(FARDC) n’imitwe bafatanya.
Muri Kavumu ni ahantu h’ingenzi muri Kivu y’Amajyepfo kuko ni ho hari ikibuga cy’indege cyifashishwaga n’Ihuriro ry’ingabo za RDC ubwo zajyaga kugaba ibitero ku birindiro bya M23. Iki kibuga cy’indege kandi ni na cyo ingabo za MONUSCO muri Kivu y’Amajyepfo zakoreshaga mbere yo gutaha mu ntangiriro z’umwaka 2024.
Amakuru yavugaga ko FARDC ifatanyije na Wazalendo ndetse na FDLR ari bo bakoze icyo gikorwa cyo kwirukana umutwe wa M23 muri Kavumu ndetse no ku cyibuga cy’indege. Ibi byatangajwe nyuma y’iminsi FARDC bageragereza kugaba ibitero ku mutwe wa M23
Byakurikiye kandi ibitero by’indege na drone byisukiranya byageragejwe kuri iki kibuga mu rwego rwo kukisubiza ariko ntibyabasha kugera ku ntego ya nyayo yo kwigarurira iki kibuga .
AFC/M23 bakomeza bakangurira abantu kwirinda ibihuha nk’ibi bikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga cyane ko biba bigamije kuyobya rubanda ndetse n’abashyigikiye ibikorwa bya M23.
Umuyobozi w’Ihuriro AFC/M23 riyoboye igice kinini cya Kivu zombi, Corneille Nangaa, aherutse kuvuga ko Leta ya Congo ikomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika intambara. Yatangarije ibi abanyamakuru mu mujyi wa Goma nyuma y’amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yapfuye.
Yagize ati:”Niba Kinshasa ikomeje guhungabanya ibiganiro, turakomeza urugendo rwacu twerekeza i Kinshasa. Ntihazagire umuntu uza kutubwira ngo duhagarare.” Bertrand Bisimwa na we wari muri iki kiganiro yongeyeho Ati:”Ubu tuzasubiza igitero icyari cyo cyose, bakubita dukubita.”
Ingabo za Congo zikomeje kugaba ibitero zikoresheje indege zisanzwe ndetse n’izitagira abapiloti zizwi nak drone ku bice birimo AFC/M23 ku rundi ruhande urugamba rw’amasasu ku butaka narwo rurakomeje mu bice bitandukanye bya Kivu zombi.