Itsinda rya SADC (Southern African Development Community) ryatangaje ko amatora rusange aherutse kubera muri Tanzaniya atageze ku bipimo bya demokarasi by’uyu muryango, kubera guhohoterwa kw’abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, kugabanywa kw’ubwisanzure bw’abaturage, ndetse n’akajagari kagaragara mu gihugu.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, iri tsinda ryavuze ko n’ubwo umunsi w’amatora wagenze neza mu bice byinshi hari aho abatoye batabashije kugaragaza ubwisanzure.
Iryo tangazo ryongeraho ko ayo matora ataranzwe n’ibiranga amatora ajyanye n’amahame yashyizwe mu Itegeko Nshinga rya SADC rya 2021, ryibanda ku mahame ya demokarasi, nk’imwe mu nkingi zigenderwaho mu gusuzuma niba amatora yagenze neza.
Iri tsinda ryavuze ko abakandida b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bahohotewe, abandi bagafungwa, ndetse abandi bagaterwa ubwoba, barimo na Tundu Lissu, umwe mu bayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, wafunzwe ashinjwa guhungabanya umutekano.
SADC yavuze ko ibi bikorwa bigayisha demokarasi ishingiye ku mashyaka menshi muri Tanzaniya, kandi bigatuma abaturage batisanzura mu mahitamo yuwabayobora
Iryo tangazo ryakomeje ryerekana impungenge zikomeye ku kuvanwaho k’uburenganzira bwo kuvuga icyo umuntu atekereza, birimo no gucungira hafi cyane ibitangazamakuru ndetse n’ibyatangazwaga kuri murandasi.
Kuva ku munsi w’amatora, murandasi muri Tanzaniya yarafunzwe, bituma itumanaho rihagarara ndetse bibangamira imirimo y’abakurikiraniraga hafi amatora. Uhereye kuri uwo munsi, imbuga nkoranyambaga zose ntizabashaga gukora .
Murandasi yongeye gufungurwa amasaha make nyuma y’uko Perezida Samia Suluhu Hassan arahiriye kuyobora igihugu mu muhango wacungiwe umutekano mu buryo budasanzwe.
Ubumwe bw’u Burayi (EU) nabwo bwerekanye impungenge zikomeye ku byabaye, buvuga ko habaye uburiganya, gufunga murandasi ndetse uyu muryango wemeza ko nta mucyo wigeze ugaragara muri aya matora.