Umuzamu wa Manchester United, André Onana, ari mu nzira zo gusinyira ikipe ya Trabzonspor yo muri Turukiya, mu buryo bw’inguzanyo.
Amakuru dukesha ikinyamakuru the Standard avuga ko ibiganiro bigeze kure kandi bishobora kurangira mbere y’umukino wa mbere w’iyo kipe ikina shampiyona ya Turkish Super League uzaba ku Cyumweru tariki ya 14 Nzeri, aho bazahura na Fenerbahce iherutse kwirukana umutoza wayo Jose Mournho .
Turukiya ikiri mu gihe cy’isoko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi kugeza ku wa Gatanu, bikaba bitanga amahirwe yo kurangiza iyi transfer hakiri kare, nubwo Onana ari kumwe n’ikipe y’igihugu ya Cameroun muri ibi bihe.
Mu minsi ishize Onana yavuzwe ko ashobora kwerekeza muri Galatasaray, ariko yo yahisemo gusinyisha umuhuza Ugurcan Cakir, wahoze ari muri Trabzonspor, kuri miliyoni 36 z’amayero. Nyuma y’uko Cakir agiye, Trabzonspor yahise itangira gushaka umusimbura ukomeye, maze amaso bayerekeza kuri Onana.
Mu gihe Manchester United iherutse gusinyisha Senne Lammens avuye muri Royal Antwerp, byatangiye kugaragara ko umwe mu bazamu bayo batabashije kubona umwanya uhagije ashobora kugenda. Abo harimo Onana cyangwa Altay Bayindir.
Onana, wasinyiye United mu 2023 avuye muri Inter Milan ku mafaranga angana na miliyoni 47.2 z’amapawundi, ntabwo yigeze agaragaza urwego rwo hejuru, ndetse amakosa menshi yakoze yatumye ikipe ye itsindwa inshuro nyinshi, ndetse rimwe na rimwe nawe agahanishwa kutagaragara mu mikino imwe n’imwe ya shampiyona.