Umuryango w’Abibumbye wagaragaje impungenge z’ubwicanyi bwakorewe abasivili mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho bashinja umutwe wa M23 kubigiramo uruhare.
Bigaragazwa ko 319 aribo bishwe harimo abagore 48 n’abana 19
Mu itangazo ryasohowe ku wa Gatatu, tariki ya 6 Kanama 2025, Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe uburenganzira bwa muntu, Bwana Volker Türk, yagaragaje impungenge z’ubwicanyi bwakorewe abasivili mu burasirazuba bwa Kongo.
Ibyo byaha byabaye hagati ya tariki ya 9 na 21 Nyakanga 2025, mu midugudu ine yo mu karere ka Rutshuru, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Abenshi mu bahitanywe n’ubwo bwicanyi bari abahinzi basanzwe barimo gusarura cyangwa gutera imbuto.
Ni bwo bwicanyi bukomeye buheruka kugaragara kuva M23 yongeye kubura imirwano mu 2022.
Volker Türk yanamaganye n’ubundi bwicanyi bukorwa n’andi makipe yitwaje intwaro nka CODECO na ADF, aho ADF ishinjwa kwica abakirisitu basaga 40 muri Komanda, Ituri, ku wa 27 Nyakanga.
Ibi kandi bije nyuma yuko Sosiyete sivili yo muri iki gihugu isabye ingabo z’iki gihugu [FARDC] , kugirana ubufatanye bukomeye mu by’umutekano n’ingabo za Uganda na MONUSCO mu kurwanya inyeshyamba z’umutwe wa ADF.
Ku wa Kabiri tariki ya 5 Kanama 2025, nibwo imiryango iharanira inyungu z’abaturage mu karere ka Beni [sosiyete sivili], muri iki gihugu, yasohoye itangazo rihamagarira ubufatanye bwihuse kandi bufatika hagati y’Ingabo za FARDC, iz’ubuganda (UPDF) ndetse n’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri iki gihugu [MONUSCO].
Iri tangazo rije nyuma y’ukwiyongera gukomeye kw’ibitero by’inyeshyamba za ADF mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, bikomeje gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage b’ako gace, bituma abantu bibaza aho ubufatanye bw’ingabo bugeze mu guhashya aba barwanyi.
Richard Kirimba, umuyobozi wungirije wa sosiyete sivili mu karere ka Beni, yasobanuye ko kugira ngo habeho impinduka zifatika, hakenewe ubufatanye bukomeye hagati y’izi nzego z’umutekano.
UMUTSINZI REPORTS.