Manchester United yatangaje ku mugaragaro ko yaguze rutahizamu w’Umunya-Slovenia, Benjamin Sesko, wavuye muri RB Leipzig ku kiguzi cya miliyoni £73.7.
Uyu mukinnyi w’imyaka 22 yamaze gusinya amasezerano y’imyaka itanu, aho miliyoni £66.3 yishyuwe nk’amafaranga y’ako kanya, andi akaziyongeraho bitewe n’uko azitwara.
Uyu ni umwe mu bakinnyi batatu bashya baguzwe n’iyi kipe kugira ngo yongere ubukana mu busatirizi, aho yabanjirijwe na Matheus Cunha wavuye muri Wolverhampton (£62.5m) na Bryan Mbeumo waturutse muri Brentford (£65m, harimo miliyoni £6 y’inyongera).
Aba bose bamurikiwe abafana mbere y’umukino wa gicuti Manchester United yakinnye na Fiorentina kuri Old Trafford.
Nubwo Newcastle United nayo yamwifuzaga cyane, Sesko yahisemo kwerekeza muri United iri gutozwa na Ruben Amorim. Nubwo iyi kipe yarangirije ku mwanya wa 15 muri Premier League y’umwaka ushize, igaragaza umugambi ukomeye wo kwiyubaka no gusubira ku rwego rwo guhatanira ibikombe bikomeye yahoranye.
Sesko yavuze Ati: “Amateka ya Manchester United ni akataraboneka, ariko icyanteye ibyishimo ni uko mbona ahazaza heza hayo . Umushinga banyeretse unyemeza ko hari byose bikenewe ngo ikipe isubire ku rwego rwo hejuru.”
Amorim, umutoza mukuru, yashimangiye ko Sesko afite imyitwarire n’ubushobozi ikipe yari ikeneye, Ati: “Ni umukinnyi wihariye, urimo umuvuduko, ubuhanga n’imbaraga..”
Mu myaka ibiri yamaze muri RB Leipzig, Sesko yatsinze ibitego 39 mu mikino 87, harimo 27 muri Bundesliga. Ni we mukinnyi ukiri munsi y’imyaka 23 watsinze ibitego byinshi mu marushanwa akomeye i Burayi muri iki gihe.
Imibare yerekana ko ari rutahizamu wihariye: yari uwa mbere mu gutsinda ibitego mu byavuye hanze y’urubuga rw’amahina ku izanisha rya 23.1%, agatsinda 57.4% by’imipira yo mu kirere, kandi agera ku muvuduko wa 35.7km/h, ibintu bidakunze kuboneka ku bakinnyi bafite uburebure bwa metero 1.95 nkawe.
UMUTSINZI REPORTS.