Ihuriro AFC/M23 ryamaganye raporo yasohowe n’Ibiro bya Komiseri Mukuru wa Loni bishinzwe uburenganzira bwa muntu [OHCHR], yavugaga ko abarwanyi b’uyu mutwe bishe abasivile barenga 140 mu duce twa Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo.
Iyo raporo ishinja M23 gukora ubwicanyi mu midugudu igera kuri 14 hafi y’Pariki ya Virunga, mu karere ka Rutshuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Mu itangazo ryasohowe n’uyu mutwe, washimangiye ko ibikubiye muri iyo raporo “bitesha agaciro ukuri” ndetse “bisenya imbaraga zo kurengera uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”
Jean-Paul Shaka, umujyanama mu ishyirahamwe Alliance Fleuve Congo, yavuze ko iyo raporo ari “ibihimbano byubakiye ku nyungu z’ibihugu mpuzamahanga bishyigikiye ubutegetsi busa n’uburi gupfa bwa Kinshasa.”
Yongeraho ko n’ubwo AFC/M23 yagiye isobanura inshuro nyinshi ibibazo biri mu gihugu, hari abayobozi mpuzamahanga bahitamo kuyiharabika aho kwamagana ruswa n’iyicarubozo bikorerwa abaturage na Leta iriho.
Shaka avuga ko ahari ubuyobozi bwa AFC/M23 hari ituze, ubufatanye bw’abaturage n’iterambere ry’ibanze.
Aho yagize ati: “Dufasha abaturage kubona umutekano n’ibikorwa by’iterambere, nyamara amahanga aracyashyigikira ubutegetsi bwa Tshisekedi biciye mu icengezamatwara.”
Uyu mutwe kandi watunze agatoki Leta ya Kinshasa ko inyuma y’itotezwa ry’abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge mu karere ka Uvira, aho bavuga ko batakibona n’amazi meza. Banashinje guheza abavuga Ikinyarwanda n’Igiswahili, kwinjiza abarwanyi ba FDLR mu ngabo za Leta, no kohereza abasirikare b’u Burundi kurwanya abaturage.
AFC/M23 yavuze ko hari ihohoterwa rikorerwa imfungwa muri gereza za Makala, Ndolo na Kasapa, harimo ihohotera rishingiye ku gitsina n’iyicarubozo. Yanashinje ubutegetsi buriho gutera inkunga imirwano ya CODECO n’abarwanyi ba ADF, bayobora ibitero byibasira amoko ya Hema na Nande mu ntara ya Ituri.