Thomas Partey, umukinnyi wo hagati w’Umunya-Ghana wahoze akinira ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, yagaragaye imbere y’urukiko rwa Southwark Crown Court i Londres, ku wa Gatatu, ahakana ibyaha bikomeye aregwa birimo gufata ku ngufu no guhohotera abagore.
Uyu mukinnyi w’imyaka 32, ubu ukinira Villarreal yo muri Espagne, aregwa ibirego bitandatu, birimo bitanu byo gufata ku ngufu abagore babiri, n’ikindi kimwe cy’ihohotera rishingiye ku gitsina, cyakorewe undi mugore wa gatatu.
Ibyo byaha bivugwa ko byabaye hagati y’umwaka wa 2021 n’uwa 2022, ubwo Partey yakiniraga Arsenal mu buryo buhoraho muri shampiyona ya Premier League.
Mu rukiko, Partey yagaragaje ko ahakana ibirego byose, avuga izina rye mu ruhame nk’uko bisabwa n’amategeko, ariko akomeza gushimangira ko ari umwere ku byo ashinjwa.
Urubanza rwe rwaje nyuma y’iminsi ine avuye muri Arsenal, nyuma y’uko amasezerano ye na yo arangiye ku mpera za Kamena uyu mwaka.
Ubwo yitabaga urukiko, yari amaze iminsi agarutse mu Bwongereza aho yari yazanywe n’ikipe ye nshya ya Villarreal, yari ifitanye umukino na Tottenham mu irushanwa rya UEFA Champions League.
Muri uwo mukino wabaye ku wa Kabiri, Partey yagaragaye mu kibuga aho asimbuye, ariko ntibyabujije ikipe ye gutsindwa igitego 1-0.
Nubwo yarekuwe by’agateganyo, ibikubiye mu mabwiriza agenga irekurwa rye biramubuza kuganira n’abamureze, ndetse agomba gutangaza ku gihe ingendo zose mpuzamahanga ateganya gukora, bitarenze amasaha 24 mbere yo guhaguruka.