Ishyaka ry’uwahoze ari perezida wa Repubulika ya Demokarsi ya Congo, Joseph Kabila ryahagaritswe mu nkundura yasize amashyaka 12 buri iki gihugu afunzwe.
Ibi byabaye kuri uyu wa Gatanu wa tariki 31 Ukwakira 2025, aho byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Jacquemain Shaban.
Andi mashyaka yafunzwe kandi harimo LGD rya Augustin Matata Mponyo wahoze ari Minisitiri w’Intebe, UDA rya Claude Lubaya wabaye umudepite na Piste rya Seth Kikuni.
Harimo kandi AAP rya Theophile Mbemba wabaye Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, MCPR rya Jean Claude Vuemba, ATD rya Joseph Makila wabaye Guverineri w’intara ya Equateur, MLP rya Franck Diongo n’andi.
Minisitiri Shabani yavuze ko aya mashyaka bayashinja “kurenga ku mahame menshi agenga amashyaka, arimo gusigasira ubumwe bw’abanegihugu, ubusugire n’umutekano.”
Uyu yahise asaba urukiko rushinzwe kurengera itegeko nshinga rya RDC gusenya aya mashyaka, hashingiwe ku ngingo y’itegeko rigenga amashyaka.
Aya mashyaka yahagaritswe nyuma y’iminsi mike ba nyirayo bahuriye i Nairobi muri Kenya, aho bashingiye ihuriro ryiswe ‘Sauvons la RDC” rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi rikaba ihuriro riyobowe na Kabila.
Joseph Kabila aherutse gukatirwa igihano cy’urupfu n’inkiko za Congo aho ashinjwa ubugambanyi nyuma y’uko ahisemo kujya mu bice byigaruriwe na M23 ndetse akanatangira urugendo yise urwo gusubiza Congo ku murongo.