Abayobozi b’Abayisilamu muri Tanzaniya kuri uyu wa Gatandatu bamaganye ubwicanyi bwakozwe n’inzego z’umutekano mu gihe cy’amatora rusange y’umukuru w’igihugu yaranzwe n’ubwicanyi.
Perezida Samia Suluhu Hassan yatangajwe ko ari we watsinze amatora yo ku wa 29 Ukwakira n’amajwi 98 ku ijana, nyuma y’uko abakuru mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bafunzwe cyangwa bakurwa ku rutonde rw’abakandida.
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuze ko abantu barenga 1,000 bishwe mu gihe cy’imvururu gusa Hassan ku wa Gatanu yasezeranyije gushinga komisiyo yo gukora iperereza kuri ubwo bwicanyi.
Inama y’ubuyobozi bw’Abayisilamu (Council of Imams) bagize Bati:”Twamaganye bikomeye kwicwa kw’abantu b’inzirakarengane bishwe mu matora rusange ya 2025.”
Hassan yagiye ku butegetsi nyuma y’urupfu rutunguranye rwa Perezida John Magufuli mu mwaka 2021 gusa kuva yajya ku butegetsi ashinjwa kubuza abantu ubwisanzure ndetse no kuniga itangazamakuru.
Ariko igitugu cyarushijeho gukaza umurego mu mwaka 2024, cyane cyane mu byumweru byabanjirije amatora. Imyitwarire y’inzego z’umutekano n’imitegurire y’amatora muri rusange yaranenzwe cyane haba imbere mu gihugu no hanze.
Abakuru mu idini ry’Abayisilamu bavuze ko abagenzuzi babo babonye ibimenyetso by’ukwiba amajwi ndetse no kwandikisha abantu bapfuye nk’abatora, bongera ko “bidashoboka” ko haboneka umusaruro w’amatora wemewe muri iyo mimerere.
Abigaragambya babarirwa mu majana bafashwe bashinjwa icyaha cyo kugambirira guhungabanya igihugu, gihanishwa igihano cy’urupfu, ariko perezida yavuze ko bashobora kubabarirwa cyangwa koroherezwa.
Ubutumwa Hassan yatangaje ku wa Gatanu bwari ubwa mbere bugaragaza gushaka guhosha ibibazo no kwegera abigaragambya. kuva imvururu zatangira leta ntiratangaza umubare nyawo w’abapfuye cyangwa abakomeretse.